MINAGRI yeretse abahuguriwe muri Isiraheli amahirwe ari mu buhinzi n’ubworozi
Abize ubuhinzi n’ubworozi bagera ku 193 bavuye mu mahugurwa mu gihugu cya Isiraheli beretswe amahirwe ari mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi kugira ngo bayabyaze umusaruro bifashishije ubumenyi bakuye muri icyo gihugu.
Ni mu gikorwa cyo kubaha ikaze cyabereye i Kigali ku wa mbere tariki ya 13/12/2021, aho Umuyobozi Mukuru ushinzwe imirimo rusange n’abakozi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi, Bwana Iyamuremye Yassin, yabasabye kudatatanya ingufu ahubwo bagashyira hamwe ubumenyi n’ubushobozi igihugu cyabahaye kugira ngo bagire uruhare mu iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi. Bahawe kandi ikiganiro ku byerekeye ubuhinzi bubungabunga ibidukikije kandi buhangana n’ihindagurika ry’ikirere (adaptation and mitigation) bityo bakazakora imishinga iramba.
Aba banyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu mashami anyuranye atanga ubumenyi mu buhinzi n’ubworozi, bamaze amezi cumi na kumwe (11) bahabwa amahugurwa mu ngeri zinyuranye harimo ubworozi bwa kijyambere bw’amatungo magufi n’amaremare, ubuhinzi bw’imbuto, imboga n’indabo, ubuhinzi bwuhira, n’izindi.
Baganirijwe kandi na bagenzi babo bababanjirije muri aya mahugurwa, babagaragariza ibikorwa binyuranye bamaze kugeraho mu rwego rwo kubyaza umusaruro amahirwe ari mu buhinzi n’ubworozi babikesha ubumenyi bayakuyemo; aho ubu babashije kwibumbira mu bigo n’amahuriro abafasha kwiteza imbere ubwabo banatanga umusanzu wabo nk’urubyiruko mu kubaka gihugu.
Nyuma y’ibiganiro binyuranye aba banyeshuri barangije amahugurwa bafashe umwanzuro wo kwishyira hamwe kandi mu buryo bwemewe n’amategeko bagakora ibigo (companies) n’amakoperative y’ubuhinzi n’ubworozi. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ikaba yariyemeje mu gihe kingana n’amezi atatu gukora ikurikiranabikorwa kugira ngo hamenyekane aho izi ngamba bihaye bazaba bageze bazishyira mu bikorwa.
Aya mahugurwa mu gihugu cya Isiraheli yatangiye mu mwaka wa 2012 akaba akomoka ku bufatanye hagati ya Leta y'u Rwanda n'iya Isiraheli binyujijwe mu muryango wabo w'ubutwererane witwa Mashav. Kugeza magingo aya hamaze guhugurwa abagera ku 1332 mu ngeri zinyuranye z’ubumenyi mu buhinzi n’ubworozi.
Topics