MINISITIRI BAGABE YASUYE UBWOROZI BW’INKA ZITANGA UMUKAMO MURI RWAMAGANA
Uyu munsi tariki ya 1 Gashyantare 2025 Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Mark Cyubahiro Bagabe yasuye Akarere ka Rwamagana aho yarebye uko aborozi b’inka zitanga umukamo mu mirenge ya Kigabiro na Mwulire babikora mu buryo bugezweho bororera mu biraro.
Yanifatanyije n’ubuyobozi bw’ Ikijumba One Stop Shop ikorera i Rwamagana mu birori byo kwishimira ibimaze kugerwaho mu guteza imbere igihingwa cy’ibijumba bya oranje bikungahaye kuri Vitamine A.
Minisitiri Bagabe yashimye ibyo Ikijumba One Stop Shop ikora mu guteza imbere ibijumba cyane cyane uburyo babikoramo ibiribwa bitandukanye. Yijeje ubuyobozi bw’uyu mushinga ubufatanye mu gukomeza guteza imbere iki gihingwa.
Asura umworozi Benedata Laurien woroye inka z’umukamo mu murenge wa Kigabiro, Minisitiri Bagabe yamushimiye uburyo abikora kuko bifitiye akamaro we ubwe ndetse n'igihugu. Yamusabye kugira uruhare mu gusakaza ubumenyi afite no mu bandi borozi bashaka kubikora kinyamwuga.
Topics