U Rwanda rwizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Ibiribwa ku Isi muri uyu mwaka wa 2023
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr Musafiri Ildephonse arasaba abahinzi n’aborozi bo mu Karere ka Kayonza n’abandi bose mu gihugu muri rusange, ko bakwita ku mabwiriza abasaba gukoresha ubutaka neza, bahinga ahantu hose hagenewe ubuhinzi, borora inka nkeya nziza zitanga umusaruro kandi bakazororera mu biraro.
Ibi yabigarutseho ku wa Gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2023 mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murundi, ubwo u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 22 Umunsi Mpuzamahanga w’Ibiribwa ku Isi.
Ni umunsi usanzwe wizihizwa ku itariki ya 16 Ukwakira ku rwego rw’Isi, ariko buri gihugu kikaba gishobora guhitamo umunsi ukibereye. U Rwanda rukaba rwarahisemo kuwizihiza ku itariki ya 27 Ukwakira rwifatanya n’Isi ku nsanganyamatsiko igira iti: “Amazi ni ubuzima, amazi ni ibiribwa, nta n’umwe uhejwe”.
Minisitiri Dr Musafiri yasabye abatuye Intara y’Iburasirazuba ahaboneka inzuri nyinshi kuzibyaza umusaruro bigakorwa vuba kandi neza hakurikijwe amabwiriza y’imikoreshereze myiza y’ubutaka mu buhinzi no mu bworozi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi isaba abahinzi n’aborozi gukora kinyamwuga bagamije kwihaza mu biribwa no guhaza amasoko.
Topics